Jordon Ibe wakiniye Liverpool ashobora gufungwa imyaka itanu
Umukinnyi w’Umwongereza, Jordon Ashley Femi Ibe, wakiniye amakipe arimo Liverpool na Bournemouth, ashobora gufungwa imyaka itanu kubera icyaha cyo gukubita no gukomeretsa.
Ku Cyumweru, tariki ya 15 Gashyantare 2026, ni bwo byemejwe ko uyu mukinnyi usigaye ukinira Lokomotiv Sofia yo muri Bulgaria yatawe muri yombi ku itariki ya 30 Mutarama 2026, akigera ku kuri Luton Airport.
Bivugwa ko uyu mukinnyi w’imyaka 30 yakoze ibi byaha tariki ya 14 Ukuboza 2025 ubwo yari iwabo mu Bwongereza, ariko nyuma y’icyo gihe cyose akaba atari yagasubiyeyo.
Uwahaye amakuru ikinyamakuru The Sun, yemeje ko uyu mukinnyi afunze, ati “Jordon Ibe akurikiranyweho ibyaha byo gukubita no gukomeretsa, bikekwa ko yakoze ku itariki ya 14 Ukuboza 2025. Yafatiwe Luton Airport ajyanwa gufungwa.”
Ingingo ya 47 mu gitabo cy’amategeko ahana ibyaha mu Bwongereza ivuga ko umuntu hamijwe n’inkiko icyaha nk’iki cyo gukubita no gukomeretsa ahanishwa igihano cy’igifungo cy’imyaka itanu gishobora kongerwa kikagera ku myaka irindwi.
Biteganyijwe ko Ibe azagezwa imbere y’inkiko akaburana ku byaha ashinjwa, ku tariki ya 6 Werurwe 2026.
Ibe ni umwe mu bakinnyi bakinnye muri Shampiyona y’u Bwongereza, akaba yaravuye muri Liverpool ajya muri Bournemouth mu 2016 atanzweho miliyoni 15£, aba umukinnyi wa mbere wari uhenze iyi kipe mu mateka.